Uganda:Undi Munyamahanga Wakoreraga MTN Yirukannywe Mu Gihugu

Publié le 25 Janvier 2019

Uganda:Undi Munyamahanga Wakoreraga MTN Yirukannywe Mu Gihugu

Igipolisi cya Uganda kuri uyu wa Kane cyatangaje iyirukanwa ry’undi munyamahanga wakoreraga MTN nyuma y’iyirukanwa ry’abandi babiri barimo Umunyarwanda birukanwe mu ntangiriro z’iki cyumweru bashinjwa guhungabanya umutekano w’iki gihugu.

Uwirukanwe wari umuyobozi ushinzwe ibijyanye na Mobile Money, ni Umutaliyanikazi, Elsa Mussolini, bivugwa ko nawe yirukanwe kuwa Gatatu nk’uko Umuvugizi w’Igipolisi, Fred Enanga yabitangarije AFP.

Yagize ati: “Icyemezo cyafashwe ko Elsa Mussolini asubizwa iwabo kandi yavuye mu gihugu.”

Yakomeje agira ati: “Yabajijwe ibibazo ku gushishikariza ubugizi bwa nabi ubwo yakoreraga MTN, kandi ni ikibazo gikomeye.”

Mu butumwa bugenewe abakozi yari akuriye bwanyujijwe mu itangazamakuru ryo muri Uganda bukemezwa na MTN, Mussolini yavuze ko yirukanwe nyuma yo gushinjwa kuba mu mwaka ushize yarahaye amafaranga Bobi Wine, utavuga rumwe n’ubutegetsi, ubwo yari mu bukangurambaga bwo kwamagana umushinga wo gusoresha imbuga nkoranyambaga.

Mussolini akaba abaye umunyamahanga wa gatatu wakoreraga ikigo cy’itumanaho cya MTN, cy’Abanya-Afurika y’Epfo, wirukanwe ku butaka bwa Uganda muri iki cyumweru.Akurikiye bagenzi be birukanwe kuwa kabiri ushize ari bo; Olivier Prentout ukomoka mu Bufaransa na Annie Bilenge Tabura, w’Umunyarwandakazi.

Ubuyobozi bwa Uganda bushinja aba bombi gukoresha imyanya bari bafite mu guhungabanya umutekano wa Uganda ariko nta bisobanuro birambuye butanga.

Ku rundi ruhande, abinyujije kuri twitter ye, Perezida Yoweri Museveni yatangaje ko kuri uyu wa Kane yabonaniye n’Umuyobozi Mukuru wa MTN, Rob Shuter, I Davos mu Busuwisi aho yitabiriye inama ya WEF baganira kuri iki kibazo.

Iki kigo cya MTN kimwe mu bikomeye by’itumanaho muri Afurika mu mezi ashize cyagiye kigaragaza ko gifatwa nabi n’abayobozi ba Uganda.

Mu mwaka ushize muri Nyakanga, MTN yavuze ko abantu bitwaje imbunda bakorera Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) bashimuse abakozi bayo babiri bakabahatira gufungura ububiko bwayo bw’amakuru.

MTN ikavuga ko iki kibazo yagifashe nk’igikomeye kandi yabimenyesheje ubuyobozi ariko itizeye ko kirimo gukorwaho iperereza.

Iyirukanwa ry’Umunyarwandakazi wakoreraga iki kigo muri Uganda rikaba ryatumye bamwe bemeza ko bifitanye isano n’umwuka utari mwiza ukomeje kugaragara mu mubano w’u Rwanda na Uganda.Ni nyuma y’aho iki gihugu cyakunze guta muri yombi Abanyarwanda bakibamo kibashinja kuba intasi z’u Rwanda, mu gihe u Rwanda rushinja Uganda gushyigikira abashaka guhungabanya umutekano warwo.

Rédigé par Gakumba Adrien

Repost0
Pour être informé des derniers articles, inscrivez vous :